July 10, 2026

Abarokokeye i Gishamvu bategereje ubutabera bwuzuye mu bujurire bwa Dr Rwamucyo

0
umurenge wa Gishamvu

Mu gihe urubanza mu bujurire rwa Dr Eugène Ramucyo rugana ku

musozo mu rukiko rwa Rubanda (cour d’assises) rukorera i Paris, bamwe

mu barokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994 bo mu

karere ka Huye umurenge wa Gishamvu, bavuga ko bo icyo bategereje

atari umwanzuro w’urubanza usanzwe w’urukiko, ko ahubwo bumva

bategereje ubutabera buha agaciro uburemere bw’ibyo Dr Rwamucyo

Eugene yabakoreye.

Ibi babigarutseho ubwo itsinda ry’abanyamakuru bakora ku nkuru

z’ubutabera babarizwa mu mu ryango PAX PRESS babasuraga ku wa 30

Kamena 2026 kugira ngo basangire amakuru ku rubanza rwa Dr

Rwamucyo.

Umwe muri bo yagize ati ati: “Rwamucyo yari umuganga yari azi icyo

ubuzima busobanuye, yari umuntu wize uzi ibyo arimo. Yagombaga

kurokora abantu, ariko twe twarokokeye mu mirambo twamubonye

atuyobora mu rupfu aho kudukiza. Dukeneye ubutabera bukwiye”.

Undi mugabo uri mu barokokeye aho I Gishamvu nawe yagize ati:

“Ubugome Dr Rwamucyo yadukoreye na n’ubu buracyaduhungabanya.

Twabonaga umuntu wize ari n’umuganga tukibwira ko ari buze mu ba

mbere kudutabara, ariko ibyo twabonye biragatsindwa na Nyagasani.

Byari binyuranye n’ibyo twari tumwitezeho n’ubu ndabyibuka nkarira ndi

umuntu w’umugabo.” Yongeyeho ko kuri bo batewe n’uburemere

bw’ibyo yabakoreye bya kinyamaswa n’amagambo mabi avugira mu

rukiko abashengura umutima, babona imyaka 27 bari bamukatiye ari

mike, ahubwo bumva yagakatiwe burundu.

Abatangabuhamya batandukanye bavuga ko babonaga imirambo n’abantu

bakomeretse bikabije bamwe bafite ibikomere bikomeye bajugunywa mu

byobo rusange. Bavuga ko ibyo babonye byabasigiye ibikomere

bikomeye by’umubiri ;iby’umutima kugeza ubu.

Uhagarariye Ibuka muri uyu murenge wa Gishamvu avuga ko kuri

Kiliziya ya Nyumba habereye ubwicanyi ndengakamere, hiyongeraho

n’ubugome bwakozwe n’abarimo Dr Rwamucyo bwo kujugunya imibiri

y’abishwe mu byobo ndetse harimo n’abagihumeka.

Yagize ati: “Ari hano ku Kiliziya, ari hirya ku mashuri hose hari huzuye

abatutsi bavuye mu makomini atandukanye, barashukwa ngo niho

bazakirira barahaza. Babanje kwirwanaho batera amabuye ariko kubera

kutarya bageraho bacika intege”.

 Akomeza avuga ko hatumijwe abapolisi n’interahamwe zo kubarasira mu mashuri no mu kiriziya, ndetse

bamwe bakajya babatema imitsi yo hejuru y’agatsitsino ngo batazagira

aho bajya.

Rwamucyo ngo yaje kuzana katerepurari, abajugunya mu byobo harimo

n’abazima, ati “kumwe habaga hari abihishe mu mirambo bisize amaraso,

hari n’abandi bakomeretse batarashiramo umwuka, bose yategetse ko

bajugunywa mu byobo atavanguye”.

Uyu muyobozi yanashimangiye ko hari ishuri ryari rirunzemo abatutsi

hanyuma iyo katerepurari ya Rwamucyo ikaza igacugusa amashuri

ikayatigisa akirundira hejuru y’abarimo bagapfa. Na we ashimangira ko

igihano yari yahawe cy’imyaka 27 kidahuye n’uburemere bw’ibyo

yabakoreye, ati “imyaka 27 ni mike ugereranyije n’ubuzima bwinshi

bwazimye n’ibikomere yasize”.

Ku ruhande rw’abatangabuhamya baharokeye, bavuga ko ikibazo atari

ukwihorera ahubwo ari ukugira ngo amateka yandikwe uko yabaye kandi

ababigizemo uruhare babihanirwe mu buryo bukurikije amategeko,

habeho ubutabera busesuye ku barokotse.

DR Eugene Rwamucyo

Mu kwezi k’Ukwakira 2024 ni bwo urukiko rwa mbere rwari

rwamuhamije ubufatanyacyaha muri jenoside n’ubufatanyacyaha mu

byaha byibasiye inyokomuntu bamuhanisha gufungwa imyaka 27.

Urubanza rw’ubujurire rwatangiye ku wa 9 Kamena 2026 i Paris,

biteganyijwe ko ruzapfundikirwa ku wa 17 Nyakanga 2026.

Alice Ingabire


Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *