Iran na Amerika byemeranyije guhagarika imirwano
Leta ya Iran yatangaje ko yamaze kumvikana na Amerika ku masezerano agamije guhagarika burundu intambara n’ibikorwa bya gisirikare, aho biteganyijwe ko azashyirwaho umukono ku mugaragaro ku wa Gatanu mu Busuwisi.
Ibi byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wungirije wa Iran, Kazem Gharibabadi, mu kiganiro yagiranye na televiziyo ya Leta, aho yavuze ko inyandiko y’amasezerano yamaze kurangira kandi ko intambwe ikurikiraho ari ukuyashyiraho umukono.
The guardian yatangaje ko guhera kuri iryo joro hatangazwa ihagarikwa ryihuse kandi rya burundu ry’ibikorwa bya gisirikare ku mpande zose bireba, harimo n’ibyakorerwaga muri Lebanon.
Ku ruhande rwa Amerika, Perezida Donald Trump yatangaje ko yahaye uburenganzira bwo kongera gufungura umuhora wa Hormuz ndetse ko ingamba zo gukumira ibikorwa by’amato bya Iran zari zarashyizweho na Amerika zigiye kuvaho.
Trump yanashishikarije abatwara amato kongera gukoresha uwo muhora no gusubukura ibikorwa byo gutwara no kurangura ibikomoka kuri peteroli n’uko CBS news yabivuze.
Na Minisitiri w’Intebe wa Pakistan yavuze ko ibiganiro byagejeje ku bwumvikane hagati y’impande zombi byagenze neza, n’ubwo hari ibikiri kunozwa muri iki cyumweru mbere y’isinywa rya nyuma.
Shehbaz Sharif, wagize uruhare mu buhuza, yanditse kuri X ko nyuma y’ibiganiro bikomeye, impande zombi zemeranyije ku masezerano y’amahoro kandi ko ibikorwa bya gisirikare bigomba guhagarara bidatinze kandi ku buryo bwa burundu. Yongeyeho ko umuhango wo gusinya uzaba ku wa 19 Kamena 2026 mu Busuwisi.
Mbere yaho, Perezida Trump yari yatangaje ko ayo masezerano ashobora gusinywa ku Cyumweru gishize, ariko icyo gihe ntibyabashije gukunda.
Iyi ntambara yatangiye nyuma y’ibitero byagabwe ku wa 28 Gashyantare 2026, aho Amerika na Israel bagabye ibitero kuri Iran, Iran na yo igasubiza yibasira ibigo bya gisirikare bya Amerika biri mu karere ndetse ikanagaba ibitero kuri Israel.
amahumbezinews.com

