Huye : Nyuma y’imyaka 32 abarokokeye mu murenge wa Gishamvu bakiriye neza ubutabera bahawe
Mu gihe urukiko rw’ubujurire bwa Paris rwashimangiraga igihano
cy’imyaka 27 cyakatiwe Dr Rwamucyo Eugene nyuma yo kumuhamya
uruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu
barokokeye mu karere ka Huye mu murenge wa Gishamvu, bavuga ko
n’ubwo ubutabera bwatinze birangiye bubagezeho kandi banyuzwe.
Iki ni icyemezo cyafashwe nyuma y’uko Dr Rwamucyo yari yajuririye
igihano yahawe mu rukiko rwa mbere, ibi bikaba byarakiranwe ibyishimo
n’abarokotse Jenoside bo muri Gishamvu, bavuga ko byasubije icyizere
ko umuntu uwo ariwe wese wagize uruhare mu byaha ndengakamere
adashobora kubihunga ubuziraherezo uko yaba ameze kose.
Mu murenge wa Gishamvu, aho ibikorwa bya Jenoside byahitanye
abatutsi benshi, bamwe mu batangabuhamya bavuga ko imyaka myinshi
ishize yakomeje kubabera igikomere, kubera ko abantu bakekwagaho
kuba barashyize mu bikorwa jenoside bamwe bari barahanwe, ariko Dr
Rwamucyo wabibategekaga akaba yari akibereye hanze y’u Rwanda.
Umwe mu batangabuhamya yagize ati: “Twababazwaga no kubona abo
yakoresheje mu kwica abatutsi barahanwe, nyamara we acyidegembya
bikadushengura imitima. Twibazaga niba nawe ubutabera buzashyira
bukamugeraho aka wa mugani ngo abagabo bararya imbwa zikishyura”.
N’ubwo byatinze ariko bishimira ko ubutabera bumugezeho bugakora
ibyo bwagombaga gukora.
Yakomeja agira ati “Nta gihano cyasimbura ubuzima bw’abacu twabuze
ariko nibura kuba urukiko rwemeje ko na we agomba kubiryozwa
biduhaye ihumure. Bitweretse ko ubutabera bushobora gutinda ariko
bukagera kuri buri muntu wagize uruhare urwo ari rwo rwose muri
Jenoside’’.
Abaturage bo muri Gishamvu bavuga ko uru rubanza rufite ubusobanuro
bwihariye kuko rwongeye kubibutsa amateka banyuzemo akarishye,
ariko rukaba runabereka ko ubutabera mpuzamahanga bukomeje
gukurikirana abantu bose bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe
abatutsi mu 1994 mu Rwanda aho baba bari hose.
N’ubwo imyaka irenga 32 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye,
abarokotse bo mu murenge wa Gishamvu bavuga ko urugendo rwo
gukira ibikomere rugikomeje, ariko bakanemeza ko igihano cyahawe Dr
Rwamucyo kibongereye icyizere ko ubutabera bushobora gutinda ariko
amaherezo bukaboneka.
Gishamvu ni hamwe mu duce twibasiwe cyane na Jenoside yakorewe
abatutsi mu cyahoze ari Perefegiturura ya Butare. Mu myaka yakurikiye
Jenoside, abakekwaho kugira uruhare mu byaha bitandukanye
bakurikiranywe n’inkiko zo mu Rwanda ndetse n’iz’amahanga.
Urubanza rwa Dr Rwamucyo rukaba rwarabaye rumwe mu manza
zakurikiranywe hanze y’u Rwanda, aho ubushinjacyaha bwamushinjaga
uruhare yagize mu bikorwa byo gutegura no gushyira mu bikorwa
Jenoside.

Mu nteko y’abaturage y’aho Dr Rwamucyo yakoreye ibikorwa Jenoside
yakorewe abatutsi mu 1994, uhagarariye Ibuka muri uyu murenge
yagaragaje ibyiza byo kubaha amakuru y’urubanza mu bujurire bwa Dr
Rwamucyo bari hamwe, cyane ko bose bataba babonye uko
babikurikirana ku ma radiyo, abaturage bakaba babyishimiye kuko
nk’abacitse ku icumu bari bababajwe n’uko abayobozi batumye
abaturage bijandika mu bikorwa bya Jenoside bigiriye mu mahanga
rubanda rugufi rukabiryozwa bonyine none nabo bakaba babonye
ubutabera.
Kuri ubu abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo muri Gishamvu
banifuje ko n’ubwo ntacyasimbura ababo bishwe, bagakwiye guhabwa
indishyi no ku mutungo wa Dr Rwamucyo niba hari uwo yasize mu
Rwanda.
Urubanza rw’ubujurire rwa Rwamucyo rwaberaga i Paris mu Bufaransa
mu rukiko rwa Rubanda rwatangiye tariki ya 9 Kamena rupfundikirwa
tariki ya 17 Nyakanga 2026. Akaba yarahamwe n’ibyaha
by’ubufatanyacyaha muri Jenoside hamwe n’ubufatanyacyaha mu byaha
byibasiye inyokomuntu, akatirwa imyaka 27.
Alice INGABIRE

